MBAZANIYE YA MOKO ATANDATU Y'UBUHUMYI YEZU YAJE KUDUKIZA! UBWAWE NI UBUHE?
Автор: ALPHA na OMEGA de l'A. Apollinaire Ntamabyaliro
Загружено: 2026-03-14
Просмотров: 492
Описание:
AMASOMO YO KU CYUMWERU CYA KANE CY’IGISIBO
Isomo 1Sam 16, 1.6-7.10-13a.
Uhoraho abwira Samweli ati «Uzakomeza kuririra Sawuli kugeza ryari kandi nanjye ubwanjye naramuzinutswe, akaba atazongera kuba umwami wa Israheli? Uzuza amavuta ihembe ryawe maze ugende! Nkohereje kwa Yese w’i Betelehemu, kuko nabonye umwami nshaka mu bahungu be.» Bamaze kuhagera, Samweli ngo arabukwe umuhungu wa Yese witwa Eliyabu, aribwira ati “Nta kabuza, uwo Uhoraho yatoye ageze imbere ye!” Uhoraho abwira Samweli ati «Ntukangwe n’imisusire ye cyangwa n’igihagararo cye; jye si we natoye simushaka: kuko, Uhoraho atareba nk’abantu, bo bareba imisusire, naho Uhoraho akareba umutima.» Ubwo Samweli abaza Yese ati «Mbese abahungu bawe ni aba ngaba bonyine?» Yese aramusubiza ati «Hari umuhererezi, akaba aragiye amatungo.» Samweli ni ko kubwira Yese ati «Tuma bajye kumuzana, kuko tutari bujye ku meza atageze hano.» Yese amutumaho. Uwo muhungu yari inzobe, akagira mu maso hateye ubwuzu kandi n’igihagararo cyizihiye. Uhoraho abwira Samweli ati «Haguruka umusige amavuta, kuko ari we natoye.» Samweli afata ihembe ry’amavuta amusigira hagati y’abavandimwe be, maze umwuka w’Imana wuzura muri Dawudi guhera uwo munsi.
Iryo ni Ijambo ry'Imana
Ef 5,8-14.
Amagambo yo mu Ivanjili Yh 9, 1-41.
Muri icyo gihe, Yezu asohotse mu Ngoro yihitira abona umuntu wavutse ari impumyi. Maze abigishwa be baramubaza bati«Mwigisha, uwacumuye ni nde, ari uyu muntu ari n’ababyeyi be, kugira ngo avuke ari impumyi.» Yezu arabasubiza ati «Ari we, ari n’ababyeyi be nta wacumuye, ahubwo ni ukugira ngo ibyo Imana ikora bimugaragarireho. (..) Amaze kuvuga atyo acira hasi, amacandwe ye ayatobesha akondo, agasiga ku maso y’impumyi. Maze arayibwira ati «Jya kwiyuhagira mu cyuzi cya Silowe». Nuko impumyi iragenda iriyuhagira, ihindukira ibona.
Bituma abaturanyi n’abandi bari barabonye asabiriza bavuga bati «Uriya si wa wundi wajyaga yirirwa yicaye asabiriza?» Bamwe bati «Ni we», abandi bati “Si we, ahubwo ni usa na we.” Arababwira ati «Ni jye.» Ni bwo bamubwiye bati «Amaso yawe yahumutse ate?» Arabasubiza ati «Ni wa muntu bita Yezu: yatobye akondo akansiga ku maso, maze arambwira ati ‘Jya ku cyuzi cya Silowe maze wiyuhagire.’ Nuko njyayo, ndiyuhagira none ndabona.» Baramubwira bati «Uwo muntu ari hehe?» Arabasubiza ati «Simpazi.»
Nuko uwahoze ari impumyi bamushyira Abafarizayi. 14Hari ku munsi w’isabato igihe Yezu atobye akondo, agahumura amaso ye. 15Abafarizayi na bo bongera kumubaza uko yahumutse. Arababwira ati «Yansize akondo ku maso, ndiyuhagira none ndabona.» 16Bamwe mu Bafarizayi baravuga bati «Uwo muntu ntakomoka ku Mana, kuko atubahiriza isabato.» Ariko abandi bati «Bishoboka bite ko umunyabyaha yakora ibitangaza nk’ibi?» Ni bwo biciyemo ibice. 17Barongera babwira impumyi bati «Wowe se uwaguhumuye umuvugaho iki ?» Arababwira ati “Ni umuhanuzi.”
Abayahudi banga kwemera ko yari impumyi n’uko yahumutse, bigeza igihe bahamagaje ababyeyi be. Barababaza bati «Uyu koko ni umwana wanyu muvuga ko yavutse ari impumyi? Ubu se ahumutse ate?» Ababyeyi be barasubiza bati «Icyo tuzi ni uko uyu ari umwana wacu, kandi ko yavutse ari impumyi. Uko byagenze kugira ngo abone ntitubizi, n’uwamuhumuye amaso ntitumuzi. Nimummibarize, ni mukuru niyivugire ubwe.» Ababyeyi be bavuze batyo babitewe no gutinya Abayahudi... Ni cyo cyateye ababyeyi be kuvuga bati «Arakuze nimumwibarize.»
Abayahudi bongera guhamagara ubwa kabiri uwo muntu wahoze ari impumyi, baramubwira bati «Singiza Imana, twe tuzi ko uwo muntu ari umunyabyaha.» Arababwira ati “Niba ari umunyabyaha ibyo simbizi; icyo nzi ni kimwe: ni uko nari impumyi none nkaba mbona!” Bongera kumubaza bati «Yakugenjereje ate? Yaguhumuye amaso ate?» Arabasubiza ati «Nabibabwiye kandi ntimwabyumva, murashaka kongera kubyumvira iki? Namwe se murashaka kuba abigishwa be?» Nuko bamuhunda ibitutsi bati «Urakaba umwigishwa we, twe turi abigishwa ba Musa. Tuzi ko Imana yavuganye na Musa, ariko we ntituzi aho aturuka.» Wa muntu arabasubiza ati «Ibyo biratangaje, kuba mutazi aho aturuka kandi yampumuye amaso. Tuzi neza ko Imana itumva abanyabyaha, tukamenya ko uwubaha Imana, agakora icyo ishaka imwumva. Kuva na kera kose nta wigeze yumva bavuga ko hari uwahumuye uwavutse ari impumyi. Uwo muntu iyo adaturuka ku Mana, nta cyo aba yashobore gukora.» Baramusubiza bati «Wazikamye mu byaha wese ukivuka, none ni wowe ugiye kutwigisha?» Nuko bamusuka hanze.
Yezu aza kumva ko bamuroshye hanze. Bahuye Yezu aramubaza ati «Wemera Umwana w’umuntu?» We arasubiza ati «Nyakubahwa, ni nde ngo mwemere?» Yezu aramubwira ati «Wamubonye kandi ni We muvugana.» Ni bwo avuze ati «Ndemera, Nyagasani.» Nuko arapfukama aramuramya. Yezu aramubwira ati «Naje munsi nje guca urubanza, kugira ngo abatabona bahumuke, maze ababona babe impumyi.» Bamwe mu Bafarizayi bari kumwe na we babyumvise, baramubwira bati «Natwe se turi impumyi?» Yezu arabasubiza ati «Iyo muba impumyi nta cyaha mwajyaga kugira. None ubwo mugize ngo ‘Turabona’, icyaha cyanyu kigumyeho.»
Iyo ni Ivanjili ntagatifu.
Повторяем попытку...
Доступные форматы для скачивания:
Скачать видео
-
Информация по загрузке: