Ubuzima bwa Business i Kigali mu masaha y'igicuku
Автор: Kigali Today
Загружено: 2024-11-02
Просмотров: 11447
Описание:
#Kigali, umurwa Mukuru w'u Rwanda wihariye ibigwi byo kuba hamwe mu Mijyi y'ibihugu bigize Isi urimo gutera imbere byihuse bitewe n'ibikorwa remezo birimo kuhubakwa byiganjemo imihanda n'inyubako ziteye amabengeza, bimaze kugerwaho mu myaka 30 gusa nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kigali ni umurwa unyura benshi mu bawugenda by'umwihariko abawugezemo ku nshuro ya mbere, bakorwa cyane ku mutima n'isuku, umutekano n'urugwiro abawutuye bakirana abawugana.
Kuba Umujyi wa Kigali ari umwe mu mijyi itekanye ku Isi, aho umuntu uwo ari we wese ashobora kugenda n’ibye nta nkomyi nta n’icyo yikanga mu masaha ayo ari yo yose, ni kimwe mu bituma urujya n’uruza rw’abahasura rurushaho kwiyongera.
Nubwo bimeze bityo ariko, usanga amasaha yo gukora kubahafite ibikorwa by’ubucuruzi akiri make, kubera ko batangira akazi batinze bagataha kare, ku buryo kubona nyinshi muri serivisi mu bice bitandukanye bigize uyu Mujyi mu masaha y’ijoro ari ingorabahizi.
Kigali Today yatembereye hirya no hino muri uyu Mujyi mu masaha y’ijoro, iganira na bamwe mu bawutuye, maze igutunganyiriza inkuru, igiye kugufasha gusobanukirwa no kumenya uko muri uwo murwa mukuru w’u Rwanda biba byifashe mu masaha y’ijoro.
Interviewer: Talibu Abdul
Script & Narration: Eric RUZINDANA
Camera & Editing: Eric RUZINDANA
Повторяем попытку...
Доступные форматы для скачивания:
Скачать видео
-
Информация по загрузке: