"Twavuye mu Mujyi - UVIRA tujya hejuru yawo hafi aho” DR BALINDA
Автор: Intsinzi TV
Загружено: 2025-12-19
Просмотров: 28662
Описание:
Dr Oscar BARINDA ATI: Twe, ALLIENCE FLEUVE CONGO - M23, Imvugo ni yo ngiro, bitandukanye n’ubutegetsi bwa Kishansa butubahiriza amasezerano n’amwe, ubu humwo bakaba bamaze kuba ibicibwa mu ruhando mpuzamahanga, urugero rwavuba ni nk’uko ejo mu nama ya SADEC, Umuryango w’ubukungu w’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo, yarangiye I Preteria ejo, aho Kisekedi we wenyine yari yibereye mu nama, ariko bakamwima ijambo.
Kubera amadeni ya rya Huriro rya SAMI-DRC ryaje kuturwanya rikanatsindwa, ayo madeni rero ntabwo arishyurwa, ni yo mpamvu rero bamwimye ijambo, ndetse bakanga no gushyira ikibazo cya CONGO mu myanzuro y’Inama. Ibyo Byabaye ejo, muri abanyamakuru ndabazi ubwo muzambwira.
Umunyamakuru: Ubu ni byo koko uyu munsi kuri uyu kane tariki 18/12/2025 irasiga M23 yavuye muri UVIRA HOSE?
DR Barinda: Yego turavamo mu rwego rwo gushyigikira no guha amahirwe yuzuye ibiganiro by’amahoro bya DOHA.
Umunyamakuru: Ibyo mwasabaga Umuhuza muri ririya Tangazo yabibemereye byose?
Dr Barinda: Yego hari ikizere ko biribuboneke
Umunyamakuru: Ubu muri Kujya hehe rero?
Dr BARINDA: Ubu turi gusubira inyuma, y’uko mu biganiro hari ibintu tujya tuvuga iyo dushaka kuganira nko ku bintu by’agahenge, kakubahirizwa gate, buri ruhande rugomba gusbira inyuma ibirometero runaka, hakaza ingabo zizewe, zikabajya hagati, bityo imirwano igahagarara.
Ibyo rero ntabwo ari ibintu bishya, dusanzwe tubikoresha, uretse ko akenshi Leta ya Kinshasa ni yo ijya yinangira ikabyanga ndetse n’umuhuza akagerageza kubagonda ariko hari igihe kenshi bidashoboka, ariko ubu ngubu yisanze muri iyo Sitiwasion, yisanzwe iri bubikore.
Umunyamakuru: Abavuga hanze aha ngaha ko mwaba mwabikoze ku gitutu cy’umuhuza, mwababwira iki?
Dr Balinda: ( Agatwenge aseka) ati HHH Umuhuza AMERIKA NIBA ARI WE BASHAKA KUVUGA, na yo ni Umuhuza hariya I DOHA. n’Ubwo QATAR ari yo iri ku isonga, kuko ni kuko ni yo Yakira, yaduhaye icumbi hariya, ni yo yakiriye ibiganiro, ariko, Massad Boulos (MASADI BUROSI) uhagarariye Perezid awa Amerika, aba ahari buri gihe cyose tuganira. Urumva rero Amerika irahari, yabidusabye, urumva. Hari ubumwe bwa Afurika buba Buhari, hari ibihugu byo mu karere k’Ibiyaga bigari (EAC), haba SADEC bose baba bahari ahao ngaho, rero iyo umwe muri bo mu bahuza, agize icyo asaba, tukigaho tukareba niba gishoboka, tukagikora.
Umunyamakuru: Ubu muri Kwerekeza KAMANYOLA cg ni ahandi?
Balinda: {Aseka}, OYA OYA HHH. Iyo tuvuze ngo gusubira inyuma tuvuye kuri Frontline, biba ari nk’ibirometero 5 gutyo.
Umunyamakuru: None abavuga bati, uru rushobora kuba urugendo rwo gukomeza gububira inyuma kugeza aho mwinjiriye, mwababwira iki?
Balinda: {Aseka cyane}, Ibyo se byabaye he? Ntabwo ari bwo bwa mbere dusubiye inyuma, mu 2022 twasubiye inyuma dutaga igice kinini kigera kuri 80% y’uduce twari twamaze kugeramo, ariko hari izizndi nyungu twabiboneyemo kandi ndakeka byaranafashije kuko aho twari twaravuye hose twarahasubiye, ndetse haranarenga.
Umunyamakuru: Icyizere muba mufite cy’uko mudashobora gusabwa n’umuhuza ati mwongere mwigire inyuma ni byon shaka , icyizere mufite ko ibyo bidashobora kongera kuza ni ikihe?
Balinda: OYA. Amasezerano n’ibiganiro bya DOHA, byateye imbere, hari aho bigeze kandi hari hashimishije, hari hashimishije, kereka hajemo kino kiciro cya UVIRA ariko, mbere yahoo twari tugeze ku Ntambwe ishimishije, idashobora gusubira inyuma.
Umunyamakuru: Dusoza, hari nk’ibyo muba mwaganiriye n’Umuhuza, nj’uko mkunze kubivuga ko iyo mwatewe mwirwanaho, mukajya gukuraho Menace aho ituruka, hari icyizere mwaba mwahawe ko ibyo bidashobora gusubira, n’ubundi mukisanga mwasubiye UVIRA no hakurya yahoo?
DR. BALINDA: No, ibyo byose bizaterwa n’ikizakorwa n’umuhuza. Iby oni byo bya mbere, kuko byose biri mu mu nshingano ze, ubwo rero iyo Responsabiliy, ni we wasabye ubwo rero icyo gikorwa sabye, agomba kukirengera 100%. Icyo navuga ku baturage ba UVIRA, nibahumure, ntacyo benda kuba, bafite ubuyobozi bwabo bw’ibanze, babwuahe, bakurikize amabwiriza yabiwo, kuko twasize tububatsemi icyizere, ko bakwiriye kugumana n’abaturage babo kandi bakabacungira Umutekano.
Umunyakuru wa RadioTV10 asoza agira ati “ Murakoze Cyane Afande »
Повторяем попытку...
Доступные форматы для скачивания:
Скачать видео
-
Информация по загрузке: