CROSS OVER NIGHT WITH APOSTLE DAN RUHINDA I CHURCH OF LIFE RWANDA
Автор: CHURCH OF LIFE RWANDA
Загружено: 2023-12-31
Просмотров: 4669
Описание:
5 Nzabasura nyuze i Makedoniya kuko ngambiriye kuzajya muri icyo gihugu,
6 kandi ahari nzamarana namwe iminsi ndetse ahari nzahamara n'igihe cy'imbeho, kugira ngo mumperekeze aho nzajya hose.
7 Sinshaka kubakubita urubandu none mpita, ahubwo niringiye kuzamarana namwe iminsi, Umwami wacu nankundira.
8 Ariko nzatinda muri Efeso kugeza kuri Pentekote,
9 kuko nugururiwe irembo rinini rijya mu mirimo ikomeye kandi abandwanya bakaba benshi.
(1 Abakorinto 16:5;9)
1 Apolo ari i Korinto, Pawulo anyura mu bihugu byo haruguru asohora muri Efeso, asangayo abigishwa bamwe.
2 Arababaza ati"Mwahawe Umwuka Wera, mutangiye kwizera?" Baramusubiza bati"Ntabwo twari twumva yuko Umwuka Wera yaje."
3 Arababaza ati"Mwabatijwe mubatizo ki?" Baramusubiza bati"Umubatizo wa Yohana."
4 Pawulo ati"Yohana yabatije umubatizo wo kwihana, abwira abantu kwizera uzaza hanyuma ye, ari we Yesu."
5 Babyumvise batyo babatizwa mu izina ry'Umwami Yesu.
6 Pawulo amaze kubarambikaho ibiganza Umwuka Wera abazaho, bavuga izindi ndimi barahanura.
7 Abo bantu bose bari nka cumi na babiri.
8 Yinjira mu isinagogi, amara amezi atatu avuga ashize amanga, ajya impaka na bo abemeza iby'ubwami bw'Imana.
9 Ariko bamwe binangiye imitima banga kwizera, batukira Inzira ya Yesu imbere y'abantu. Ava muri bo arobanura abigishwa, iminsi yose agira impaka mu nzu yo kwigishirizamo ya Turano.
10 Agumya kugira atyo amara imyaka ibiri. Nuko abatuye muri Asiya bose bumva ijambo ry'Umwami Yesu, Abayuda n'Abagiriki.
(Ibyakozwe n'Intumwa 19:1;9)
Повторяем попытку...
Доступные форматы для скачивания:
Скачать видео
-
Информация по загрузке: